Thursday, December 17, 2015

Njye nunvaga ari ikimenyane ariko ubu nemeye ko ibyo nibwiraga ntaho bihuriye nukuri- Wellars



  1. Twibwire, utubwire amazina yawe, aho utuye, n’icyo ukora.
 “ Nitwa Kabera Wellars, mfite imyaka 27, nkaba ntura Rwamagana nkaba ndi umushoferi wa Bus za Coaster. 

Wellars ahabwa igihembo cye


2. Tigo Iguhamagara n’ijoro, ukumva watsindiye "miliyoni 1 wabyakiriye ute?
Kabera: “Byaranshimishije cyane kuko ntabiteganyaga, njye nakinnye nunva wenda nzabona ibindi bihembo ariko miliyoni sinayikekaga ntabwo nari narayishyizemo cyane.

3. Ese aya mafaranga utomboye azayakoresha iki?
Kabera: “Aya mafaranga ni menshi kuri njye rwose ndi kuyabonamo n’ibikorwa byinshi. Ubu natangiye gupanga imishinga myinshi, ariko natekereje umushinga wigihe kinini kandi udahomba wo kugura ikibanza. Aya mafaranga mbonye muri Tigo Bonane rwose ntakindi nzayakoresha nicyo gusa. “

4. Promosiyo wayimenye gute? Tigo umaze igihe kingana iki iyikoresha?
Kabera: “Iyi promosiyo nayunvishe bwa mbere muri modoka ntwara abagenzi bagenda babivuga ko Tigo iri gutanga cash muri promosiyo, nuko mbaza uko babikina bambwira ko ari uguhamagara nuko nanjye ntangira gukina, ariko nyuma nakomeje no kubyunva babyamamaza kuri radiyo  buri munsi. Tigo yo maze igihe kinini nyikoresha natangiranye nayo kuva igitangira gukorera mu Rwanda.  

5. Ese niki cyatumye uyitabira? Ese uzakomeza ukine?
Kabera:  “Njye sinajyaga mbyemera rwose, njye narinziko aya mafaranga ahabwa abantu mu kimenyane, ariko naje kujya nunva ngo runaka yatomboye, ngo uyu nawe yatomboye, nkabona ni abantu batagize aho bahurira na Tigo nuko nanjye ndavuga nti reka nanjye mbigerageze ndebe. Gukina byo ni ngombwa nzakomeza nkine kuko ubu binyeretse ko bimwe nibwiraga byose bitari ukuri, nkaba kandi nemerewe gukomeza, ntawamenya amahirwe wabona yongeye kunsekera. ”

6. Ese ni iki wabwira abantu bakiri gushidikanya bunva ko nta mahirwe yo gutsinda babona?
Kabera: “Icyo nabwira abantu ni ukwikuramo gushidikanya, hari benshi bunva ko ari ikimenyane, njye nababwira ko nta kimenyane kirimo ko kandi bakwiye gutinyuka bagakina, njye narindi muri abo bantu, ariko nemeye uyu munsi ko hari abari gucikanwa kubera gushidikanya, nabashishikariza kwiha amahirwe mu minsi isigaye kuko Tigo Bonane yo ni ukuri kandi abantu bari gutsinda ari benshi.

Gerageza amahirwe nawe
Hamagara  ku 155  nawe ushobore kuba umwe mu banyamahirwe batsindira ibihembo  byinshi ndetse na cash zishyushye.  Niba utaragura simukadi ya Tigo, gira vuba aya mahirwe atagucika kuko promosiyo izarangira ku italiki ya 2 Mutarama 2016.

Iyo uhamagaye cyangwa ukohereza sms kuri 155, bagukata Frw 100 ugahabwa iminota 2 yo guhamagara, na sms 3 byose bihwanye na Frw 100. Iyo uhamagaye nta kindi usabwa usibye kumva ibisobanuro bya promosiyo.

No comments:

Post a Comment