Tuesday, December 20, 2016

Nunvishe meze nkufashwe n'umwuka wera - Mukakanani Pascasie



Nitwa Mukakani Pascasie nturuka mu murenge wa Kanombe.
Tigo impamagara nari ndi mu rugo ndi guteka, nunva ni ibintu bidashoboka birandenga, ariko nunva ni ibintu by’igiciro mpita ntangira gushima imana. Gusa nahise mera nk’umuntu wuzuye umwuka wera nunva icyuya kirandenze nunva mpise ngira ubwoba ariko nkunva mfite n’ibyishimo bidasanzwe kuko ni ubwa mbere nari ngiye gufata amafaranga angana kuriya mu bizima bwanjye. 




Iyi poromoisiyo nayunvishe mu kwezi kwa cyenda, ariko nkaba narayunvishe n’umwaka ushize  bakibyamamaza uyu mwaka mperako niyandikisha ntangira gukina, najyaga ncika intege ariko nkakomeza nkavuag nti ntawamenya wenda ejo ninjye, none koko birabaye. 

Aya mafranga ntomboye ndunva nzayaguramo umurima, ntabwo nize ngo njye kuba najya mu ishoramari rikomeye ariko mfite umurima wanjye nziko nagera kuri byinshi nkiteza imbere.
Umuntu wateguye iyi poromosiyo ndamushimira cyane, birarenze nta kindi namubwira gusa namushimirira imana  kuko iyi poromosiyo yahinduye ubuzima bwa benshi. 

Abantu bashidikanye kuri poromosiyo rwose icyo nababwira nuko bibeshya, nanjye najyaga nshidikanya nunva ko ari ikimenyane, nunva ko bidashoboka ko natsinda ariko rwose uko nagiye mbona abatsinda kuri televiziyo nabonaga ari abantu basanzwe kandi wabonaga nabo batunguwe kuko ari amahirwe. Hari abantu benshi bampamagaye bambaza uko nabigenje, mbabwira ko ari umugisha w’Imana mbashishikariza gukina kuko na ziriya miliyoni 10 ziri imbere rwose wabona bazijyanye. 

---------

Tuesday, December 13, 2016

Nashimye Imana cyane- Mukarusagara Betha



Nitwa Mukarusagara Beatha, nturuka Kacyiru  nkaba nkora akazi ko guteka.
Tigo yampamagaye ku mugoroba imbwira ko natsindiye amafaranga miliyoni imwe, birasnhimsiha cyane ndasakuza nshima imana icyo gihe byari byandenze. 




Iyi poromosiyo nayimenye  guhera umwaka ushize ariko sinakinnye. Uyu mwaka nayibonye kuri televiziyo mbona abatsinze nuko nanjye ntangira gukina kuko navugaga nti wenda amahirwe yansekera. 

Burya amafaranga ubonye bigutunguye nka miliyoni bisaba kwicara ukabanza ugatekereza icyo wayakoresha witonze, ariko aya mafaranga mbonye ndunva nzayaguramo ikibanza. 

Ndashimira abayobozi ba Tigo kuko hari benshi bakomeje gushidikanya kuri iyi poromosiyo bakeka ko ari ukubeshya, ariko nyuma yo gutsinda nabonye ko iyi poromosiyo batarobanura ku butoni rwose irimo ukuri. 

Icyo nabwira abashidikanya nuko inumero yatsinze ariyo ihabwa amahirwe, buri wese rero yagerageza agakomeza agakina ntacike intege kuko amahirwe nawe yamusekera.

Tuesday, December 6, 2016

Abantu bagishidikanya kuri iyi poromosiyo rwose bararangaye- Nsanzumuhire Emmanuel



Nitwa Nsanzumuhire Emmanuel. Nkorera mu mugi wa Kigali ariko iwacu ni I Butare.
Tigo impamagara ikambwira ko natsindiye miliyoni byaranshimishije cyane. 




Bampamagaye nvuye mu kazi, nuko bambwira ko ndi umunyamahirwe watsindiye amafaranga miliyoni mbanza kutabyemera ariko nyuma abantu bakomeje kumpamagara bambaza uko nakinnye ngo ntsinde nibwo naje kubyemera koko neza, nuko biranshimisha cyane. 

Poromosiyo ya Ba Miliyoneri, nayunvishe kuri radiyo bayamamaza nuko nkurikirana amabwiriza n’ibisabwa nuko nanjye ntangira gukina. 

Aya mafaranga ntomboye azamfasha muri byinshi ariko cyane cyane azamfasha mu kwiteza imbere, nkubu ndatekereza kugura inzu wenda nkayigira inzu y’ubucuruzi nanjye ikajya inyinjiriza amafaranga make yamfasha mu buzima busanzwe nkajya nanayibukiraho ko ari impano nakuye muri Tigo. 

Ndamutse mpuye n’umuyobozi wa Tigo namushimira cyane, izi poromosiyo ntabwo twari dusanzwe tuzizi ariko urabona ko tugenda tuzimenya kandi ukabona ko zigenda zifasha abantu. Namushimira cyane nkamubwira ko icyi gikorwa ari cyiza ku bafatabuguzi ba Tigo kuko kibafasha kwiteza imbere. 

Abantu bagishidikanya kuri iyi promosiyo rwose bararangaye, nubu abampamagaye bambaza uko bigenda, nababwiraga ko ibanga nta rindi ari ugukina bakagerageza amahirwe kuko niba batarakina bararangaye cyane.