Thursday, November 12, 2015

Umuhinzi wo mu karere ka Gisagara abonye igishoro nyuma yo gutsindira miliyoni muri TIGO BONANE



Hatungimana Jean Baptiste, Umuhinzi wo mu karere ka Gisagara abonye igishoro nyuma yo gutsindira miliyoni muri TIGO BONANE 
Hatungimana Jean Baptiste
Noah umwe mu bakozi ba Tigo ageza kuri Baptiste igihembo cye.

1. Twibwire, utubwire amazina yawe, aho utuye, n’icyo ukora.

Nitwa Hatungimana Jean Baptiste, nkaba nkomoka mu ntara y’amajyepfo , akarere ka Gisagara, umurenge wa Mukindo. Mfite imyaka 45, ndubatse mfite abana babiri. umuhungu wanjye mukuru ari mu wa gatanu mu mashuri yisumbuye
Ndi umuhinzi, mpinga intsina izi zije vuba. Mbese ni urutoki ruvuguruye

2. Tigo Iguhamagara n’ijoro, ukumva watsindiye miliyoni 1 wabyakiriye ute?
Ubwa mbere sinumvise neza ko telefne iri guhamagara, numvise ibyishimo bindenze, ndetse mbanza no gushidikanya mbere yo kubyemera, nyuma biba ngombwa ko bansobanurira bihagije.  Nyuma naje  kubonana n’umuntu watsinze niwe wabashije kumbwira ko izo nimero arizo ariko mbere yuko njya gukina muri Tigo Bonane nari nizeye rwose ko nshobora gutsinda.

4. Ese aya mafaranga utomboye azayakoresha iki?
Azamfasha mubyo nsanzwe nkora binzanira inyungu ariko murabizi amafaranga ntago ajya agwira ubu rero mboye igishoro gikwiye kubyo nsanzwe mfite rero ni iby’inyungu. Kubona amafaranga angana gutya atari ideni atari ayo uzasubira nta byishimo birenze ibyo, ni indi nyungu ku mirimo ndimo gukora.

5. Promosiyo wayimenye gute? Tigo umaze igihe kingana gute iyikoresha?
Nsanzwe nkoresha Tigo mu guhamagara, ndetse no kuvugana n’abahinzi bagenzi banjye.

6. Wakoresheje angahe se?
Nahamagaye iminsi 2 gusa. Ku wa gatandatu nakoresheje amafaranga 1,400 ku cyumweru sinahamagaye, ku wambere nkoresha amafaranga 2900. Icyo abantu basa n’abatumva neza, nuko ayo mafaranga yose nakoreshe nahawe iminota yo gumahagara no kwandika SMS by’ubuntu. Mbese urebye neza gukina bisa nkaho ari ubuntu.

7. Ese uzakomeza ukine?
Cyane! Ndakomeza nkine, mfite ikizere 100% ko izo miliyoni 5 nzazitwara.

8. Ese ni iki wabwira abantu bakiri gushidikanya bunva ko nta mahirwe yo gutsinda babona?
Nukubizeza ko bishoshoka ko batsinda. Kuva natsinda abantu bakomeje kumbaza uko nabikoze nababwiye ko nari mfite icyizere, nkakomeza gukina nshyizemo imbaraga, rero nabo nibagire kwizera bageregeze amahirwe yabo.

No comments:

Post a Comment