Monday, November 9, 2015

"Aya mafaranga azamfasha kwikorera ndeke gukorera abandi"- Bertin



1. Twibwire, utubwire amazina yawe, aho utuye, n’icyo ukora.
Nitwa Niyomugabo Bertin ntuye i remera  mu mujyi wa Kigali nkaba nkora ibintu bijyanye na decoration. 


2. Kumugoroba, Tigo Iguhamagara, ukumva watsindiye miliyoni wumvise umeze gute?
Nabifashe neza ariko byabanje kungora kubyakira kuko ntabyunvaga neza, impanvu akaba ari uko ari ubwa mbere ntomboye muri tombola iyo ariyo yose, byumwihariko muri promosiyo ya Tigo.

3. Ese niki Tigo yagufashije wunva kigiye guhinduka mu buzima bwawe kubera iyi miliyoni utomboye uyu munsi?
Urebye ibigiye guhinduka ni byinshi. Mu buzima bwanjye ubusanzwe mu kazi nkora, nsa nkukorera abandi, ubu icyo aya mafaranga ashobora kumfasha nuko nshobora wenda gutangira nanjye nkikorera nkafungura business yanjye aho abantu bazajya bansanga. Ubundi ubusanzwe nkorera kuri telefone kugirango mbone akazi, ariko muri aya mafaranga nashyiraho ahantu hahoraho abankeneye muri decoration bazajya bansanga hafatika.



4. Ese tigo umaze igihe kingana gute uyikoresha? Iyi promosiyo ya Tigo Bonane,  ese wayimenye gute?
Tigo maze igihe kinini nyikoresha, nkaba nyimaranye imyaka 5. Ibyo gutangira gukina byo nakinnye iminsi ibiri, nkina inshuro 8  mpamagara kuri 155. Promosiyo ya bonane nayimenyeye kuri message Tigo yohereje akaba ari nabwo natangiye ngerageza amahirwe. 

5. Ese uzakomeza Ukine?
Ntabwo nahagarara gukina kuko ubundi murijye mfite gahunda yo gukomeza kugerageza amahirwe wenda na miliyoni 5 nkazitwara. 

6. Ese ni iki wabwira abantu bakiri gushidikanya bunva ko nta mahirwe yo gutsinda babona?
Abantu bashidikanya ni benshi cyane, kandi nanjye nari mbarimo uretse ko ubu ntakibarimo. Benshi babifata nkibidashoboka ariko ndagirango mbabwire ko byose birashoboka. Iyo tombola itangiya bajye bigirira icyizere bunve ko nabo amahirwe y’abasekera. Bagenzi banjye bakimenya ko natsinze abadafite simukadi bose bahise bajya kuzigura kugirango bitabire iyi promosiyo, n’abazifite nabo bahise bampamagara bambaza uko babigenza ngenda mbasobanurira ubu nabo bari gukina.


No comments:

Post a Comment