Monday, November 9, 2015

"Ngiye kujya nirahira Tigo kuko impaye inka"- Pierre



1. Twibwire, utubwire amazina yawe, aho utuye, n’icyo ukora.
Nitwa Rutare Pierre, nkaba ntuye mu karere ka Gatsibo, umurenge wa Kiziguro nkaba ndi umuhinzi mworozi. 

Rutare Pierre hamwe n'umuyobozi wa Tigo Rwanda Tongai Maramba

2. Kumugoroba, Tigo Iguhamagara, ukumva watsindiye miliyoni wumvise umeze gute?
Nunvishe nishimye, ntawe bitashimisha, maze iminsi ngurishije akamasa kanjye maze ngura ka televiziyo nkajya nkurikira amakuru yose. Njye natangiye gukina ku wa mbere, none ntomboye ku wa gatanu, Imana niyo yambwiye ngo kina wabona utsinze. Nakandaga 155 bakanca amafaranga 100, rwose ku wa gatanu mba ndatomboye.
3. Ese niki Tigo yagufashije wunva kigiye guhinduka mu buzima bwawe kubera iyi miliyoni utomboye uyu munsi?
Ikintu Tigo imfashije ni ukumpa ibyishimo birenze, kandi ngiye no kugenda nyishishikariza abantu mbese bose bayimenye, umugore wanjye amaze kubona ko maze gutombora nawe yahise ajya muri Tigo, hari n’umwana wanjye nawe uherutse kugura telefone nawe namushyize muri Tigo, ubu n’abaturage bose mu mudugudu wanjye n’akagali nabo ndabashyira muri Tigo, iki cyo rwose ni tayali.
4. Ese aya mafaranga utomboye azayakoresha iki?
Ubu mfite inka 4 ariko nta mpfizi ngira, ubu aya mafaranga ngiye kuyaguramo impfizi, ubundi asigaye nyakoreshe mu gukorera neza urutoki rwanjye.
5. Ese uzakomeza Ukine?
Ahubwo ubu ndi gukina kurusha uko nakinnye mbere kuva ku wa gatanu ushize, ubu rwose ndashishikaye. Nashyizemo n’umugore n’umwana bose ngo nabo bagerageze amahirwe, ubu noneho kubera nayikunze njye kujya nyirahira nkuwampaye inka kuko nubundi Tigo Bonane impaye inka.
6. Ese ni iki wabwira abantu bakiri gushidikanya bunva ko nta mahirwe yo gutsinda babona?
Abantu bagishindikanya njye mbona bakeneye ubukangurambaga kugirango babyunve bemenye ko amahirwe yabasekera. Njye ndabona abantu benshi bazayitabira kuko iyi promosiyo rwose ni nziza pe, Tigo ihora izana ibyiza kandi ihorana udushya mu bakiliya bayo, ahubwo mwitegure abantu benshi bazakina kuko umurenge wanjye bose nasize baguze simukadi kandi batangiye gukina.

No comments:

Post a Comment