Monday, November 16, 2015

TIGO BONANE ihinduye ubuzima bwa HITIYISE ALPHONSE



Yari umukozi wo mu rugo, ubu agiye gushinga boutique yikorere ndetse agure n’ikibanza.

Umusore HITIYISE ALPHONSE  afite imyaka 28 akaba yakoraga akazi ko murugo. Akomoka mu karere ka Kamonyi, umurenge wa Runda ariko akorera Kacyiru.

Yabyirutse akunda gucuruza akaba yarafite indoto ko umunsi umwe yazashinga iduka rye akaba umucuruzi.
HITIYISE Alphonse agezwaho igihembo cye


1. Twibwire, utubwire amazina yawe, aho utuye, n’icyo ukora.

 Nitwa Hitiyose Alphonse, mfite imyaka 28, nkomoka mu karere ka Kamonyi, umurenge wa Runda nkora akazi ko murugo, hano Kacyiru hafi na police.”

2. Tigo Iguhamagara n’ijoro, ukumva watsindiye miliyoni 1 wabyakiriye ute?
Alphonse:”Nari naranditse numero ihamagara abatsinze muri telefone yanjye nyita “TIGO TSINDA”.  Ninjoro rero mbona irampamagaye, nitabye nishimye cyane mbese sinjye warose bucya ngo njye kuri tigo gufata ibihembo natsindiye.

4. Ese aya mafaranga utomboye azayakoresha iki?

Alphonse:”Natekerezaga ko ningira amahirwe ngatsinda, nkabona amafaranga azamfasha kuzamuka akanshyira  mu yindi mikorere mbese nkajya mu rundi rwego, kuko ni amafaranga afatitse kandi aziye rimwe. Ndabanza mbitekerezoho neza, nshobora no kuguramo umutungo utimukanwa.Intego yanjye ni ukuba umucuruzi, iyi mari Tigo Impaye nzayikoresha nshinga iduka cyangwa boutique. Ariko nanone nshobora kuguramo umutungo utimukanwa.

5. Promosiyo wayimenye gute? Tigo umaze igihe kingana gute iyikoresha?
Alphonse:”Nabonye message ya Tigo imbwira ngo mpamagare 155 nshobora gutsindira miliyoni. Ndongera mbibona kuri televisiyo y’u Rwanda. Ya numero ihamagara abantu 0722123123 nahise nyandika muri telefone yanjye nyita TIGO TSINDA.

6. Wakoresheje angahe se?
Alphonse:” Nakoresheje amafaranga 3,600 gusa.  Icyumweru cyambere nakoresheje 600 noneho nza kuguza mabuja ibihimbi bitanu mwemerera ko azayakata ku mushahara nuko ngura indi karita y’amafaranga 2,000 ndayahamagaza n’injoro nongeye nkoresha amafaranga 1,000 maze kubona kuri RTV umuntu watomboye.

7. Ese uzakomeza ukine?
Alphonse:Nzakomeza cyane. Ngira ukwizera kandi ndahamyako iyi promosiyo itanga amahirwe ku bantu bose, ndetse nabamaze gutsinda bemererwa gukomeza.”

8. Ese ni iki wabwira abantu bakiri gushidikanya bunva ko nta mahirwe yo gutsinda babona?
Alphonse:Njye nabonye wa mu mama watsindiye miliyoni 5 , bintera amatsiko cyane, mbonako nanjye ayo mahirwe nayabona ndagerageza, none abantu bose nabagira inama yo kugerageza amahirwe yabo.”

No comments:

Post a Comment