Tuesday, November 17, 2015

Gahunda ubu ni ukwiyubakira inzu yanjye nkava mu bukode



Nzeyimana Laurent, umusore wimyaka 25, ubu agiye kubasha kubaka inzu.
Yatangiye kwitabira Tigo bonane kuva yatangira ku cyumweru agira amahirwe yo gutombora miliyoni 5. Ku myaka 25  Laurent atuye mu murenge wa Rusoroso, Akarere ka Gasabo arubatse akaba afite umwana umwe akaba akora kuri depot ya Bralirwa iba Kabuga.
 Nyuma yo gutsindira amafaranga muri Tigo Bonane, Laurent afite umugambi wo kubaka inzu ye akava mu bukode. 
Nzeyimana Laurent ahabwa igihembo cye n'umuyobozi mukuru wa Tigo Rwanda Tongai Maramba
 

1. Twibwire, utubwire amazina yawe, aho utuye, n’icyo ukora.

“Nitwa Nzeyimana Laurent, Mba mu murenge wa Rusosoro mu karera ka Gasabo. Mfite imyaka 25 ndubatse mfite umugore n’umwana umwe ubu wujuje umwaka umwe.Nkora akazi kuri depot ya bralirwa iba Kabuga.”

2. Tigo Iguhamagara n’ijoro, ukumva watsindiye "miliyoni 1 wabyakiriye ute?
Laurent: “ eh , byaranshimishije cyane, bigaragara ko ari n’amahirwe. Ni ibitangaza ngomba kwishimira.”

3. Ese aya mafaranga utomboye azayakoresha iki?
Laurent: “ Ngomba gutekereza neza, kuko ni amafaranga menshi. Ariko icyambere ndumva ngomba gushakamo iyanjye nzu. Nshobora no kuzaguramo moto kuko mfite uruhushya rwo kuyitwara (Permis), bishobotse nkanayikoreshereza.

4. Promosiyo wayimenye gute? Tigo umaze igihe kingana gute iyikoresha?
Laurent: “Nabonye SMS kuri telefone icyumweru kimwe mbere yuko promosiyo itangira. Ariko noneho njya ndeba televisiyo y’u  Rwanda k’umugoroba.”

5. Wakoresheje angahe se?
Laurent: “nahamagaye incuro zigeze kuri 20”

6. Ese uzakomeza ukine?
Laurent: “Cyane, kuko ubu ni  nk’igishoro mbonye. Ndakomeza ngerageze kuko mfite andi mahirwe”
7. Ese ni iki wabwira abantu bakiri gushidikanya bunva ko nta mahirwe yo gutsinda babona?
Laurent: “Nabwira abantu kugerageza amahirwe bakitabira nabo bakabona amahirwe yo gutsinda”

No comments:

Post a Comment