Wednesday, October 26, 2016

Umwaka ushize yatsindiye telefone gusa, none uyu mwaka muri poromosiyo ya Ba Miliyoneli Faisal nawe akuyemo Miliyoni ye



Nitwa Kimbowa Faisal nkaba naje nturuka mu karere ka  Kicukiro  
Ndihano ku biro bya Tigo nku munyamahirwe wabashije gutsindira miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda. 

Umwaka ushize, ubwo Faisal yatsindiraga telefone muri Tigo Bonane


Byagenze gute se kugirango ubashe gutsinda?

Kugirango mbashe gutsindira iki gihembo gihebuje, nuko nabashije kwitabira iyi poromosiyo ya “Ba Miliyoneri” nkaba narakinnye nohereza ubutumwa bugufi bufite ijambo Tigo kuri 155.
Intsinzi nayakiriye n’ibyishimo byinshi cyane kuko nishimye birandenga, kuburyo n’abagenzi banjye benshi bakomeje kumpamagara bambwira ngo ibi bintu se koko nibyo cyangwa ntago aribyo, nkababwira ko aribyo, amahirwe ari aya buri wese.

Urateganya gukora iki muri aya mafaranga, niki kigiye guhinduka mu buzima bwawe?

Nk’umuntu ukirangiza kwiga Kaminuza, nize business administration ndumva ari nk’igishoro gihagije kuburyo natangira nkakora business ntoya nanjye ikamfasha  kwiteza imbere. 

Uyu mwaka, ubwo Faisal yashyikirizwaga Miliyoni yatsindiye

Ni iki wabwira ubuyobozi bwa Tigo?

Sinzi ukuntu nabashimira kubw’ umwihariko, ariko muri rusange ndabashimira ubunyangamugayo bwabo, kuko si ubwambere mbashije gutsinda muri tombola za Tigo ubushize nabashije gutsindira telefone.

Rero navuga ko ibintu bakora binyura mu mucyo kuko nkimara gutsindira telefone umwaka ushize, nihaye gahunda yo kudacika intege ndakomeza, gusa amahirwe ntiyampiriye muri 2015, none nyuma yo gukomeza kugerageza nanjye mbashije kuba miliyoneri mu 2016.

Ndemeza rwose ko iyi poromosiyo  nta kimenyane kibamo, kuko nta muntu numwe nzi muri Tigo sindi  n’umukozi wayo, nagiye kubona mbona barampagaye, iyo bitaza kuba ari poromosiyo nziza wenda ntago nakabaye nd hano nku munyamahirwe wabashije gutsindira ariya mafaranga, kuko rwose njye nkimenya ko yatangiye narakinnye nvuga nti reka nanjye nihe amahirwe hakiri kare.
Ndashimira cyane ubuyobozi bwa Tigo, abakozi ba Tigo, na serivisi batugezaho cyane.

Ni iyihe nama wagira abakiri gukina?

Inama nabagira nuko bakomeza gukina ntibacike intege, ndi urugero rugaragara ko gucika intege ntaho byakugeza, njye narakinnye umwaka ushize n’uyu mwaka ndongera niha amahirwe none ndatsinze.
Ariko murumva umuntu watangiye ku wa gatanu, iminsi ibiri ku wa gatandatu narakoresheje amafaranga 700 nukuvuga ko nohereje SMS nka zirindwi nkaba ndi umunyamahirwe.

Nibakomeze bakine bagerageze amahirwe yabo ibintu biri mu mucyo nukuri nta makabya nkuru arimo cyangwa ikimenyane kirimo nkuko bakunze kubivuga, nabashishikariza amanywa n’ijoro gukomeza gukina ejo n’ejo bundi natwe tuzababona kuri televiziyo bahamagawe bagiye gufata ibihembo byabo.

No comments:

Post a Comment