Friday, November 11, 2016

Ntakubeshya cyangwa ikimenyane biba muri poromosiyo ya Ba Miliyoneri - Muhayimana Jean Pierre

Nitwa Muhayimana Jean Pierre, nturutse mu karere ka Gasabo, umurenge wa Ndera, akagari ka masoro, nkaba nkora akazi ko gukora isuku. (ubu cleaner).





Namenye ibijyanye na poromosiyo ya Ba Miliyoneri binyuze mu butumwa bugufi Tigo yohereje, mu matangazo ku ma radiyo, ndetse no kubyapa bavugako hari poromosiyo nshyashya ya Tigo aho umuntu akanda *155# cyangwa akohereza ijambo “TIGO” munyuguti nkuru akaba yiyandikishije mu banyamahirwe batsindira amafaranga ku munsi agera muri miliyoni eshanu ndetse bakazabasha gutsindira miliyoni icumi nk’igihembo nyamukuru. Nkaba nari maze ibyumweru bibiri nkina muri iyi poromosiyo.

Bampamagaye ndi kumwe n’umuryango wanjye, birangora kubyemera kuko numvagako bitashoboka ko natsinda. Njye n’umuryango wanjye twishimye cyane, ngirango na nubu urabibona ko akanyamuneza  ari kose.



Aya mafaranga natsindiye ndateganya kuyatangiramo umushinga nkasezezerera akazi nakoraga mu gihe gito, nkatangira kwikorera.

Inama nagira abantu bashidikanya k’ukuri kw’ iyi poromosiyo, nuko ntakubeshya cyangwa ikimenyane kiyibamo, kuko nkanjye ubu natsinze ntagishingiweho uretse kuba nagize amahirwe nkaba ndi n’umufatabuguzi wa Tigo wakinnye muri iyi poromosiyo.

Ubuyobozi bwa Tigo ndabushimira cyane kubw’iyi poromosiyo bateguye yo kuzirikana abakozi bayo babateza imbere.

Ubu ngiye gukomeza nkine kurushaho kugira ngo nanjye nzabashe gutsindira igihembo nyamukuru.

No comments:

Post a Comment