Tuesday, July 7, 2015

“Sinshobora guhagarika kwizigamira muri Tigo Sugira niyo byagenda gute” - Rugamba Oscar



Nitwa Rugamba Oscar nkaba nanjye ndi umwe mu babashije kubona ku nyungu y’igihembwe cya mbere ya Tigo Sugira. 

Tigo sugira ntangira kuyunva nayunvishe kuma radio ndetse ntangira kugenda mbona ibyapa ku mihanda. Hashize amezi 2 niyandikishije muri iyi konti, icyanteye kwiyandikisha cyane akaba ari  inyungu itubutse nabonye iyi konti itanga, ntaho wayisanga mu yandi ma banki

    Ni iki cyatumye ufunguza konti ya Tigo sugira?
Icyatumye nyifunguza nta kindi nuko nashakaga ko y’amafaranga mbitsa atagira icyo akora nibura yaba yunguka kuri  iyi konti, akambyarira inyungu.

Umaze kugeza ku amafaranga angahe wizigamira?
Njye urebye nizigamira kenshi. Ubu tuvugana maze kugeza kuri Tigo Sugira amafaranga arenga ibihumbi Magana inani (800.000RFW).

     Ni gute wakiriye inyungu y'igihembwe cya mbere?
Inyungu ya mbere narayibonye nubwo atari menshi ariko aruta ubusa. Narabyishimiye cyane kuko mbitsa niyicariye mu rugo rwanjye, ntabyo binsaba kujya gutonda umurongo yemwe cyangwa kuzuza impapuro. Biroroshye kandi birizewe.



      Ese urunva uzakomeza kwizigamira kuri iyi konti ya Sugira?
Nzakomeza kubitsa cyane sinshobora  kubireka, kuko urebye inyungu ubona kuri konti zo kubitsa mu yandi  ma banki, zitandukanye n’iyi nyungu ubona kuri Tigo sugira, kuko iyi nyungu iri hejuru cyane.  Sinabireka rero nzakomeza kugirango nzabone n’iriya nyungu ingana na 7% ku mwaka. 



    Ni iki wabwira abandi kubyiza byo kwizigamira muri konti ya Tigo sugira?

Ubu buryo bwo kwizigamira gutya burafasha cyane. Nko kuri banki bigusaba kuba ufite amafaranga menshi kugirango ubashe kwizigamira, ariko iyi konti na bitanu(5,000Frw), igihumbi(1,000Frw) ayo ufite yise ushobora kuyabitsa mu mutekano wawe nta kibazo ufite. Nta byinshi usabwa kuko ufata ku mafaranga n’ubundi wari usanzwe ufite kuri Tigo cash akaba ariyo ujyana kuri konti yo kwizigamira. ikindi kandi inyungu iratubutse urebye ku zindi nyungu zitangwa n'ama banki. Icyo nasaba ahubwo abantu bashyizeho ubu buryo, ni ukureka tukajya tubitsa menshi ashoboka icyarimwe, ibyo rwose babidukemuriye iyi konti yabona abafana  cyane nkuko bitangiye kuboneka.


 

No comments:

Post a Comment